Tag Archive | "Rwanda center"

Tags: , , , , , , , ,

Urwibutso rwa Gisozi rwatangiye kumurikira abanyarwanda amateka ya Jenoside

Posted on 15 May 2013 by peter

Urwibutso rwa Gisozi rushyinguyemo abazize Jenoside mu mujyi wa Kigali kuva taliki ya 13 Gicurasi,2013 rwatangiye kumurikira abanyarwanda amateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside.

Iki gikorwa cyiswe imurikabikorwa ry’inzira y’amahoro rizamara ibyumweru bitatu mu karere ka Rubavu urubyiruko ruganirizwa amateka yaranze u Rwanda runasura ibikorwa by’uru rwibutso.

Abakozi b’urwibutso rwa Gisozi bakaba batangaza ko bashaka kubaka amahoro bahereye kubibazo u Rwanda rwahuye nabyo, ubuyobozi bw’u rwibutso rwa Gisozi bukaba bwarazanye bimwe mu bikorwa busanzwe bwereka abasuye uru Rwibutso ruri kuGisozi, aho abatarabasha kuhagera bazashobora kwirebera aya amateka.

Mu kigo cya Jeunesse Nouvelle niho hashyizwe inyandiko n’amashusho manini agaragaza uburyo jenoside yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa, uburyo yateguwe naho u Rwanda rugeze rwubaka icyizere mu banyarwanda nyuma y’imyaka 19 Jenoside ihagaritswe.

Gahongayire Appollon umuyobozi wa gahunda y’uburezi ku rwibutso rwa Gisozi agaragaza ko urubyiruko ruzashobora kuhigira amateka ndetse bikabafasha kugira imibanire myiza. “Amashuri azajya azana abanyeshuri kwigira kumateka yabaye mu Rwanda, bashobore kubyirebera, ndetse nyuma yo kugaragarizwa amateka babahe n’ibiganiro mu matsinda kugirango bumve uruhare rwabo mu kubaka amahoro”.

Naho umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe ubumwe n’ubwiyunge Dr Habyarimana agaragaza ko hari intambwe imaze guterwa mu mibanire y’abanyarwanda nyuma ya Jenoside. “ hari intambwe imaze guterwa n’abanyarwanda mu mahoro n’ubumwe n’ubwiyunge, kandi ibyo bigaragarira buri wese ushingiye ku mibanire, ubumwe bwabo mu gufashanya no komora ibikomere no kugaragarizanya urukundo.”

Akarere ka Rubavu niko gatangiriyemo ibi bikorwa abaturage bagahamagarirwa kubyitabira kugira ngo bishobore kubafasha kumenya amateka yaranze u Rwanda, bakagira n’imigambi bafata mu kwiyubakira ubumwe n’urukundo biyubakira igihugu.

 

 

Share

Comments (0)

Tags: , , , , , , , , , ,

RUSIZI: abayobozi batandukanye basuye urwibutso rwa nyarushishi basanze hari ibikwiye guhinduka mu myubakire yarwo

Posted on 30 April 2013 by peter

Nyuma y’aho abayobozi batandukanye bakomeje gusura  urwibutso rwa Nyarushishi rwubatswe nk’icyitegererezo mu Karerere ka Rusizi, mu kugenzura aho imirimo yo kurwubaka igeze , Abakozi ba komisiyo yo kurwanya Jenoside ya korewe abatutsi mu Rwanda bari kumwe  n’abayobozi batandukanye b’inzego zikorera mu karere ka Rusizi ubwo basuraga uru rwibutso basanze hakiriho imirimo myinshi igomba kubanza gutunganywa mbere yo kugira ngo uru rwibutso rube rwashyingurwamo imibiri y’abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ni nyuma y’ aho akarere ko kari gafite gahunda yo kuzarushyinguramo mu kwezi kwa 5, 2013 .

Gusa nubwo gahunda yo gushyingura iyi mibiri y’ abazize jenoside yasubijwe inyuma ngo ntabwo inzego zitandukanye zaba iz’umutekano, iza IBUKA na CNLG bari bigeze bashima uru rwibutso rwubatswe n’akarere ka Rusizi nk’urwibutso rwi’cyitegererezo kuko ngo imyubakire yarwo itari ihwitse

Ibi rero bikaba byashimishije Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ”IBUKA” muri aka Karere  , ubwo kuwa 26/04/2013, babuzwaga gushyingura muri uru rwibutso rutaratungana.

Uku gusura ibikorwa byo kubaka urwibutso rwa Nyarushishi ruri mu Karere ka Rusizi bibaye mu rwego rwo kurebera hamwe n’inzego zifite mu shingano imitunganyirize y’uru rwibutso niba koko ibisabwa ngo rube rwashyingurwamo byuzuye  dore ko byavungwaga ko abashyinguye hirya no hino mu karere ka Rusizi bagomba kwimuri rwa muri uru rwibutso.

Gusa nyuma yo kurusura no kungurana ibitekerezo iri tsinda ryasanze  hakiri imirimo igomba kubanza gukorwa kugira ngo uru rwibutso rube rwashyingurwamo nkuko umukozi ushinzwe kubika no kubungabunga ibimenyetso bya jenoside muri CNLG, Muhoza Martin yabitangaje

Hari hamaze iminsi havugwa kutumvikana hagati y’Akarere ka Rusizi n’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri aka Karere  ku bijyanye no gushyingura muri uru rwibutso hutihuti. Kuba rero habaye hahagaritswe uku  gushyingura muri uru rwibutso rwa Nyarushishi ngo byubatse abarokotse . uyu ni Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Rusizi , Nkurunziza Chaste

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar asanga ngo bitazabuza gushyingura muri iki gihe cy’iminsi 100 hibukwa ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda kuko ngo mu gihe cy’icyumweru kimwe hazaba habonetse abashobora gukora igishushanyo mbonera cy’uru rwibutso kugirango abe aricyo kigenderwaho mu kurwubaka  mu buryo bukwiye

Kugeza ubu imva rusange izashyingurwamo yamaze kuzura gusa inzu ndagamateka y’uru rwibutso niyo itarubatswe mu buryo bukwiye kuko igomba gukosorwa ndetse n’izindi nyubako biteganyijwe ko zizubakwa kuri uru rwibutso zirimo icyumba cy’inama ndetse n’isomero.

Urwibutso rwa Nyarushishi ruherereye mu Murenge wa Nkungu biteganijwe ko ari rumwe mu nzibutso zo ku rwego rw’Akarere ruzashyingurwamo imibiri isaga ibihumbi 12 izaba ivuye hirya no hino mu zindi nzibutso. Nyarushishi ikaba yatoranijwe nka hamwe mu hari harokokeye abatutsi ariko na none hakicirwa abatari bake  no mugihe hari Ingabo z’abafaransa mucyiswe zone turquoise.

 

Share

Comments (0)

Tags: , , , , , , , , ,

Ngoma: motorcyclists visit Kibungo memorial site

Posted on 25 April 2013 by peter

m_01

Motorcyclists in SYTRAMORWA, in the Eastern Province visited Kibungo memorial site and gave an aid of Rwf 90.000 to help in the maintenance of the site.

SYTRAMORWA leadership said that they had visited many memorial sites with the aim of learning more about the genocide history as youths who are the future leaders of the nation.

“We decided to go across the whole district to help the youths who were still very young during the 1994 genocide get to know more about it”, said Aloys  Rwabarinda from the group.

“We believe this will help the youths doing this job know the history that befall the country and therefore help never happen again”, added on Rwabalinda.

The IBUKA representative in Ngoma Samson Gihana said that this was very good for all the youths in motorcycling since the genocide took place when most of them were still young and other not yet born

“These youths should know more about the genocide, how it was started, stopped and how far the nation is in rebuilding itself”, said Rwabalinda.

These youths said that knowing such history will help them fight people who undermine the genocide, and those with any genocide ideologies.

Share

Comments (0)

Tags: , , , , , , , ,

Ngoma: Abamotari bagize SYTRAMORWA mu ntara y’iburasirazuba basuye urwibutso rwa Jenocide rwa Kibungo

Posted on 24 April 2013 by peter

m_01

Urubyiruko rukora umwuga wo gutwara abantu ku mamoto rwibumbiye muri sindika yitwa SYTRAMORWA  y’abamotari bakorera mu ntara y’ iburasirazuba basuye urwibutso rwa Jenocide rwa Kibungo banatanga inkunga y’amafaranga ibihumbi 90.

Ubuyobozi bw’iyi sindika butangaza ko bumaze gusura inzibutso nyinshi mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa n’amateka ya Jenocide  nk’urubyiruko zo mbaraga z’igihugu.

Uhagarariye iyi sindika mu ntara y’ iburasirazuba, Rwabarinda Aloys,yavuze ko impamvu bahisemo kuzengururka uturere twose basura inzibutso zaho ari uko benshi mu rubyiruko bahagarariye rw’abamotari Genocide yabaye bakiri bato cyane, bityo ngo  bakeneye gusobanukirwa neza n’ibyabaye mu Rwanda.

Yagize ati” Icyatumye duhitamo gusura inzibutso nuko abenshi mubo duhagarariye Jenocide yabaye bataravuka, n’abari baravutse bari abana niyo mpamvu twavuze tuti dusure inzibutso  tumenye amateka turwanye abapfobya Jenocide kuko tuzaba tuzi ukuri.”

Mu ijambo rye uhagarariye “Ibuka”umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenocide mu Rwanda ku rwego rw’akarere ka Ngoma,Gihana Samson,yavuze ko abamotari ari urubyiruko rukeneye kumenya amateka y’ u Rwanda kuko bakiri bato na Jenocide yabaye bakiri bato abandi bataravuka.

Yagize ati ”Ni aba bana batoya baracyari hagati y’ imyaka 18 na 20,bakeneye kwigishwa bakeneye kumenya Jenocide uko yakozwe uko yahagaritswe ndetse naho tugeze ubungubu twiyubaka.”

Nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenocide uru rubyiruko rwavuze ko kumenya amateka nk’ayo bituma bahangana n’abashaka gupfobya Jenocide ndetse n’abigisha ingengabitekerezo yayo.

Share

Comments (0)

Barishimira ko imibiri y’ababo idagishyinguye ahantu habi

Tags: , , , , , ,

Ruhango: Barishimira ko imibiri y’ababo idagishyinguye ahantu habi

Posted on 18 April 2013 by peter

Urwibutso rwa Byimana mbere rwari rw’ubakishije imiyenzi ubu rwazengurukishijwe amatafari ahiye

Urwibutso rwa Byimana mbere rwari rw’ubakishije imiyenzi ubu rwazengurukishijwe amatafari ahiye

 

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, baravuga bashimishijwe cyane no kuba ababo bashyinguye mu rwibutso rutunganyije neza.

Abarokotse muri uyu murenge wa Byimana, batangaje ibi nyuma y’igihe kinini bavuga ko bababazwa n’urwibutso rushyinguyemo ababo rudatunganyije neza.

Imirimo yo gutunganya uru rwibutso yakozwe muri iki cyumweru cy’icyunamo aho rwavuguruwe rugakurwaho imiyenzi rukazengurutswa urukuta rw’amabuye ndetse rukavugururwa n’ahandi.

Imirimo yo kuvugurura uru rwibutso yatwaye akayabo ka miliyoni ebyiri n’ibihumbi maganane y’amafaranga y’u  Rwanda, harimo angana na miliyoni imwe yatanzwe n’akarere ka Ruhango andi akaba yaratazwe n’abatuye mu murenge wa Byimana bafatanyije n’abahavuka batahaba.

Barishimira ko imibiri y’ababo idagishyinguye ahantu habi

Mu nama yafatiwemo icyemezo cy’isanwa ry’uru rwibutso

 

Igitekerezo cyo gusana uru rwibutso, kikaba cyarafashwe kinashimangirwa mu nama yahuje ubuyobozi bw’umurenge wa Byimana n’abavuka muri uyu murenge batahaba tariki ya 24/02/2013 mu mujyi wa Kigali.

Umunyamabanaga nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana Nahayo Jean Marie, avuga ko imirimo yo gusana uru rwibutso yakozwe vuba cyane kugirango abarokotse jenoside yakorewe abatutsi badakomeza guheranwa n’agahinda k’ababo bashyinguwe ahantu habi.

Gusa n’ubwo uru rwibutso rumaze gushyirwaho urukuta rw’amabuye, ngo hari indi mirimo igikenewe kugirango rumere neza kurushaho.

Iyi mirimo isigaye harimo nko gushyira amakaro imbere ahashyinguye no guhoma inkuta n’igisenge imbere ahashyinguye bizatwara amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400, gusubiramo pavement yohejuru kuri dale izatwara ibihumbi 450, gukora inyubako ifite igisenge gitwikira ahashyinguye bizwatara miliyoni 8 na kubaka icyumba cya kabiri cyo gushyinguramo kizatwara miliyoni 3.

 

Share

Comments (0)

Abafatanyabikorwa bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basuye urwibutso rwa Nyarubuye

Tags: , , , , , , , ,

Abafatanyabikorwa bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basuye urwibutso rwa Nyarubuye

Posted on 16 April 2013 by peter

Kuri uyu wa 10/04/2013 abafatanyabikorwa 69  mu iterambere (JADF) bo mu murenge wa Muhoza ho mu karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarubuye ruherereye mu murenge wa Nyarubuye ho mu karere ka Kirehe mu ntara y’iburasirazuba.

Gahunda aba bafatanyabikorwa bo murenge wa Muhoza ho mu karere ka Musanze (JADF) bihaye yo kuza gusura urwibutso rwa Nyarubuye ngo ni uko bumvaga ko uru rwibutso rufite amateka yihariye kandi nkuko babibwiwe bakaba babyiboneye,aba bafatanyabikorwa b’umurenge wa Muhoza bavuga ko ibyo biboneye bibarenze aho bavuga ko batari barigeze babona aho ibimenyetso babonye biri ku zindi nzibutso.

Ruhanamirindi Samir, umuyobozi waje ayoboye abasuye uwributso rwa Nyarubuye avuga ko ibyo Abafatanyabikorwa bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basuye urwibutso rwa Nyarubuyebabonye birenze ubwenge bwabo,akaba avuga ko baje gusura uru rwibutso nk’abafatanyabikoerwa nk’ imwe mu ngamba bihaye zo gukumira Jenoside bakaba bahigira amateka azabafasha kwigisha abandi babana mu murenge iwabo, avuga ko bahakuye ubuhamya bukomeye cyane kandi ngo ko ibyo babonye ari agahomeramunwa,  avuga ko bamaze kugenda basura inzibutso zitandukanye mu rwego rwo kuhigira amateka, ubutumwa bakurayo babugeza ku batuye umurenge wa Muhoza.

Rwakayigamba Ferdinad ni umwe mu barokokeye mu murenge wa Nyarubuye, yatanze ubuhamya bw’uko Jenoside yakorewe abatutsi yabaye muri uyu murenge,akaba avuga ko ubwicanyi muri uyu murenge by’umwihariko kuri uru rwibutso abantu bahahungiye kubera hari mu bapadiri bagira ngo interahamwe ziratinya kuhabicira nyamara birarenga abahahungiye bose baricwa.

Ku rwibutso rwa Nyarubuye hashyinguye imibiri yabazize Jenoside ibihumbi bigera kuri 51, abenshi bakaba bariciwe kuri iyi paruwasi ya Nyarubuye mu gihe bari bahahungiye, uyu murenge wa Musanze ukaba washyize kuri uru rwibutso amafaranga ibihumbi 100 yo kuba yafasha mu bikorwa bitandukanye kuri uru rwibutso.

 

 

Share

Comments (0)

Ibice by’imbere mu rwibutso bizatunganywa bishyirwemo amakaro hirindwa ikibazo cy’ubukonje

Tags: , , , , , , ,

Nyabihu: Umuyobozi wa IBUKA arasaba akarere ko mu igenamigambi kazakora kajya kibuka n’urwibutso kugira ngo Phase ya 2 yarwo izubakwe

Posted on 16 April 2013 by peter

 Bimwe mu bibazo urwibutso rwa Mukamira ari narwo rw’akarere ka Nyabihu rufite, harimo kuba rutararangira kubakwa ndetse n’ikibazo cy’ubukonje bugaragara imbere muri rwo butuma amarangi yomoka.

Nyabihu: Umuyobozi wa IBUKA arasaba akarere ko mu igenamigambi kazakora Kuri ibi bibazo twegereye uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu  Juru Anastase,adutangariza avuga ko ikibazo kijyanye n’ubukonje butuma amarangi yomoka imbere ku nkuta zo mu rwibutso, kizweho n’akarere kikaba kirimo gushakirwa igisubizo mu bihe bya vuba.

Yongeraho ko kugeza ubu amasoko yatanzwe kandi ko hari amafaranga akarere kashatse agera kuri miliyoni 2 n’igice azafasha mu gushyira amakaro ku nkuta z’uru rwibutso. Ba rwiyemezamirimo bakaba baranarusuye ngo bapiganwe,isoko rikaba ryaratanzwe, uzatsindira isoko akaba azahita akora urwo rwibutso,ikibazo cy’imbere muri rwo cy’ubukonje kigakemuka.

Ibice by’imbere mu rwibutso bizatunganywa bishyirwemo amakaro hirindwa ikibazo cy’ubukonjeUretse ikibazo cy’ubukonje,haracyari n’ikibazo cyo kurangiza igice cya kabiri cy’uru rwibutso”phase 2” nk’uko Juru abivuga.  Juru yongeraho ko abari bemeye gutera inkunga mu iyubakwa ry’uru rwibutso ngo rurangire kuri miliyoni 60 zari zisigaye,bitashobotse bitewe n’uko nta mikoro nk’uko babibatangarije.

Ni muri urwo rwego, asaba akarere,mu igenamigambi kajya kagira mu bizakorwa,ko bazibuka bakajya  bashyiramo n’uru rwibutso rwa Mukamira kugira ngo ruzarangire kubakwa nk’uko Juru abigarukaho.

Urwibutso rw’akarere ka Nyabihu rukaba rwubatse mu murenge wa Mukamira ari nawo akarere kubatsemo. Rukaba rugizwe n’igice cyo hasi”cave”,ari nacyo kigaragaramo ikibazo cy’ubukonje, igice cya kabiri cyarwo  kikaba ari icyo  hejuru kitari cyubakwa kugeza ubu ari nayo phase ya kabiri yarwo igomba kuzubakwa.

Kugeza ubu nyuma yo gushyingura mu cyubahiro imibiri 35 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ,igikorwa cyakozwe kuri uyu wa 12 Mata ,uru rwibutso rukaba rushyinguyemo imibiri igera ku 2055.

 

 

Share

Comments (0)

Nyuma yo gusura urwibutso rwa Ntarama basabye ko ivangura n’amacakubiri birindwa abana

Tags: , , , , , ,

Nyuma yo gusura urwibutso rwa Ntarama basabye ko ivangura n’amacakubiri birindwa abana

Posted on 16 April 2013 by peter

Nyuma yo gusura urwibutso rwa Ntarama basabye ko ivangura n’amacakubiri birindwa abanaNdayisaba Fabrice Eto’o Foundation igizwe n’abana bose hamwe basaga 150, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama ruri mu karere ka Bugesera, cyane cyane bagamije kwibuka abana bagenzi babo bishwe icyo gihe basabye ko umwana agomba kurindwa ivangura n’amacakubiri ayariyo yose.

“Nyuma yo kubwirwa ibyabereye aha, twasobanuriwe ko ivanguramoko n’amacakubiri byabibwaga n’ubuyobozi bubi aribyo byateye ibi byose, bigomba kurandurwa kandi ababikoze bakabihanirwa by’intangarugero” Ndayisaba Fabrice washinze iyi Foundation.

Abo bana basabwe n’abayobozi bahasanze gukundana, kutavangurana uko bari kose ndetse no gukunda igihugu cyabo.

Abana bagize iyi Foundation bahuriye gusa ku mupira w’amaguru wabagize abavandimwe, bakaba bavuye aha babaye cyane bigaragara, bavuga ko mu gihe cyabo amateka nkaya adashobora kuzongera kubaho mu Rwanda.

Umukozi w’urwibutso rwa Ntarama ushinzwe gutanga ibisobanuro ku basura uwo rwibutso yeretse abo bana ubwicanyi bw’indengakamere bwakorewe aho i Ntarama .

Umwe muri abo bana witwa Tuyishime Jean de Dieu yagize ati “ nababajwe n’abana, abagabo, abagore, abasaza n’abakecuru bari bahahungiye mu rusengero bose bakicwa nta kindi bazira usibye kuba baravutse ari abatutsi”.

Abana bari baje gusura urwo rwibutso ndetse n’umuyobozi wabo, bose bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi.

Ndayisaba Fabrice Foundation Eto’o ubu ikaba yarateguye amarushwa y’abana batarengeje imyaka 16 agamije kwibuka abana bagenzi babo bazize Jenoside. Aya marushanwa azatangira tariki ya 01/06/2013

 

Share

Comments (0)

KARONGI: Kirindi genocide survivors ask for memorial site near R.Nyabarongo

Tags: , , , , , , ,

KARONGI: Kirindi genocide survivors ask for memorial site near R.Nyabarongo

Posted on 16 April 2013 by peter

KARONGI: Kirindi genocide survivors ask for memorial site near R.Nyabarongo

Kirindi memorial site with about 10 bodies of people killed in the genocide

While concluding the commemoration period of the 1994 genocide against the Tutsi at Kirindi memorial site, genocide survivors in Kirindi, Shyembe cell, Murambi sector Karongi district requested for a memorial site for their people thrown in R.Nyabarongo during the genocide.

This place faced many killings but because people were thrown into the river, the memorial site has about 10 bodies only.

KARONGI: Kirindi genocide survivors ask for memorial site near R.NyabarongoAbout 99% of the people were killed from near this place and therefore this is why the survivors requested the government to put a memorial site at least near the river that took their people.

Many of the people were thrown in the river after being killed but there are some who were thrown there still alive, and were killed with stone.

This ceremony was graced by many different people who included MP Samuel Musabyimana who was the guest of honor, MP Ezechias Rwabuhihi from Karongi,the vice mayor in charge of economic development Sebastein Hakizimana,different official from the army among others.

However because of the spoilt bridge at Nyabarongo people were not able to take flowers to the River to commemorate the genocide victims.

The wreaths were laid on the memorial site at the hospital were people were called upon to support genocide survivors especially during the commemoration period.

 

 

Share

Comments (0)

KARONGI: Abacitse ku icumu rya jenoside b’i Kirinda bakeneye urwibutso rw’ababo bajugunywe muri Nyabarongo

Tags: , , , , , , ,

KARONGI: Abacitse ku icumu rya jenoside b’i Kirinda bakeneye urwibutso rw’ababo bajugunywe muri Nyabarongo

Posted on 16 April 2013 by peter

KARONGI: Abacitse ku icumu rya jenoside b’i Kirinda bakeneye urwibutso rw’ababo bajugunywe muri NyabarongoAbacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 b’i Kirinda, ho mu kagari ka Shyembe, umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi,  baraga ko bifuza urwibutso mu izina ry’ababo bakajugunywe mu mugezi wa Nyabarongo.

Icyi kifuzo, abacitse ku icumu b’i Kirinda bagitanze mu muhango wo gusoza icyunamo ku rwego rw’akarere ka Karongi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa jenoside ruri ku bitaro bya Kirinda.

I Kirinda ni hamwe mu hantu hakorewe ubwicanyi burenze ubwenge bwa muntu dore ko ari abakozi b’ibitaro, abarwayi, abana n’ababyeyi nta n’umwe wagiriwe impuhwe. Haguye abantu barenga ijana ariko ku rwibutso rwa Kirinda ruri imbere y’ibitaro hashyinguye abantu batarenze icumi, nubwo hubatse imva rusange z’ikimenyetso.

Hafi 99% by’abishwe bose bajugunywe muri Nyabarongo nk’uko byasobanuwe mu buhamya bw’umwe mu nkirirahato z’aho i Kirinda. Bavuze ko byibuze bakumva baruhutseho gato leta ibafashije bakubakirwa urwibutso hafi y’uruzi rwa Nyabarongo, rwatwaye ababo batagira ingano.

Hari abajugunywemo bamaze kwicwa, hari abemeye kwiroha mu ruzi banga kwicwa nabi, abandi batawemo ari bazima bagerageza koga ngo bakize amagara, abicanyi bari i musozi bakabatera amabuye kugeza igihe bacitse intege uruzi rukabatwara.

Umuhango wo kunamira izo nzirakarengane witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo Depite Musabyimana Samuel wari umushyitsi mukuru, Depite Rwabuhihi Ezechias ukomoka muri Karongi, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Karongi Hakizimana Sebastien, abahagarariye ingabo na police muri Karongi na gifitu w’umurenge wa Murambi Niyihaba Thomas.

KARONGI: Abacitse ku icumu rya jenoside b’i Kirinda bakeneye urwibutso rw’ababo bajugunywe muri Nyabarongo Byari biteganyijwe ko abayobozi bajya gushyira indabo muri Nyabarongo mu rwego rwo kunamira abaroshywemo, ariko ntibyashobotse kubera ko ikiraro bari kunyuraho cyangijwe n’imvura imaze iminsi igwa henshi mu gihugu.

Indabo zashyizwe ku rwibutso rwo ku bitaro by’i Kirinda, ahavugiwe amajambo yo kwamagana jenoside, no guhamagarira abanyarwanda gushyigikira abacitse ku icumu kugira ngo intego u Rwanda rwiyemeje igerweho, ari yo kwibuka duharanira kwigira.

Umuwe mu bacitse ku icumu ba Kirinda yatanze urugero rw’ukuntu iyo ntego we yamaze kuyigeraho kera, kuko amaze gutera imbere mu butunzi bw’inka kandi yanoroje abantu 30 batishoboye barimo n’abataracitse ku icumu.

 

 

Share

Comments (0)

Advertise Here

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Subscribe

Enter your email address:

Advertisment