Abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 bo mu murenge wa Mubuga, akarere ka Karongi, barasaba ko kuri paruwasi ya Mubuga hakubakwa urwibutso rukomeye kandi rwujuje ibyangombwa, kuko kuri iyo paruwasi ari ho haguye abatutsi benshi.
Icyifuzo cyo kubakrwa urwibutso rukomeye kuri paruwasi ya Mubuga mu karere ka Karongi, cyatanzwe ku cyumweru tariki (19-05-2013) mu murenge wa Mubuga, mu muhango wo kunamira abatutsi bazize Jenoside yabakorewe muri Mata 1994.
Umuhango wabanjirijwe n’ijoro ryo kwibuka kuwa gatandatu tariki 18-05-2013, bukeye ku cyumweru bakora urugendo bagana ku rwibutso rwa Murangara aho abashyitsi n’abaturage ba Mubuga bashyize indabyo ku mva zibitse imibiri y’abatutsi biciwe kuri paruwasi ya Mubuga. Umuhango wahuriranye n’umunsi wa pentekote.
Mu batutsi biciwe aho ku Mubuga banashyinguye ku rwibutso rwa Murangara, harimo ababyeyi n’abavandimwe b’umuyobozi w’akarere ka Karongi Kayumba Bernard nawe witabiriye umuhango.
Umushyitsi mukuru yari Depite Samuel Musabyimana wari uherekejwe n’izindi ntumwa za rubanda mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda ari bo Umuraza Landrada, Rwabuhihi Ezechias, na Polisi Denis.





















Follow Us!