Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kurushaho kuyibungabunga kugira ngo itange umusaruro ufatika, kuko hari gahunda yo gusaranganya n’abaturiye Parike umusaruro w’ibikomoka ku bukerarugendo buyikorerwamo.
Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere RDB, avuga ko mu gihe umusaruro w’ibikomoka ku bukerarugendo wiyongereye, n’uruhare ruhabwa abaturiye Parike ruzajya ruhita rwiyongera, ari na yo mpamvu basabwa kurushaho kuyibungabunga.
Ati “Muri gahunda dufite yo gusaranganya n’abaturiye Parike umusaruro ukomoka ku bukerarugendo, abasura Parike nibiyongera umusaruro wa parike uziyongera, rwa ruhare ruhabwa abaturage na rwo rwiyongere barusheho gutera imbere”
Yongeraho ko uko Parike isurwa n’abantu benshi bituma n’isoko ry’ubukerarugendo ryiyongera, n’abayituriye na bo bakaba bafite ibyo bashobora kugurisha ku nzira ya bamukerarugendo, cyane cyane abafite ibikorwa by’ubukorikori kuko baba bafite isoko ryoroheje.
N’ubwo ubuyobozi bwa Parike y’Akagera buvuga ko hari gahunda yo kujya busaranganya n’abaturage umusaruro w’ibikomoka ku bukerarugendo bukorerwa muri iyo Parike, haracyari n’imbogamizi y’abantu bahiga inyamaswa za Parike na barushimusi muri rusange nk’uko Ngoga akomeza abivuga.
Agira inama abaturage baturiye Parike yo kujya batungira agatoki ubuyobozi umuntu uwo ari we wese wangiza Parike kuko aba ahemukira abaturage benshi agamije inyungu ze bwite. Ibyo ngo byatuma Parike irushaho gutera imbere inyungu igirira igihugu muri rusange n’abayituriye ku buryo bw’umwihariko zikarushaho kwiyongera.
Abaturage batangiye gusobanukirwa n’akamaro ko kubungabunga Parike nk’uko bivugwa na Muhawenimana Firipo wo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza. Ibyo ngo abivuga ashingiye ku bufatanye bumaze iminsi bugaragara hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano mu gukumira ba rushimusi bajya guhiga muri Parike y’Akagera.
Kuva mu kwezi kwa 01/2013 kugeza ubu, mu murenge wa Mwili hamaze gufatirwa ba rushimusi bagera kuri 19 bagiye guhiga muri Parike y’Akagera ku buryo bunyuranye n’amategeko.






















Follow Us!